Uko twakwinda kwicuza
Ndabasuhuje benedata Yesu ashimwe mugire ibihe byiza bene data
```
Kimwe cyo nibagirwa ibiri inyuma,ngasingira ibiri imbere.```
*Abafilipi 3:13*
*UKO TWAKWIRINDA KUZICUZA*
_________________
```
Igihe Pawulo yari akiri muto ari Umufarisayo, yakoze ibintu yaje kwicuza nyuma yaho.
```
*Urugero,*```
Yatoteje bikabije abigishwa ba Kristo.
Intiti mu bya Bibiliya yitwa Frederic W.Farrar yavuze ko iyo dutekereje ukuntu Pawulo yatoteje Abakristo bikabije,bituma twiyumvisha ukuntu byamuteraga agahinda,n’ukuntu abandi bagomba kuba baramunengaga.```
_*Ni iki cyafashije Pawulo kutagira ibindi yicuza mu buzima bwe?*_
```
Yaranditse ati“nibagirwa ibiri inyuma ngahatanira gusingira ibiri imbere,nkomeza guhatana ngana ku ntego.”```
*Abafilipi 3:13-14.*
```
Mugire umunsi mwiza.```
Comments
Post a Comment